Header Include

الترجمة الكينيارواندية

ترجمة معاني القرآن الكريم إلى اللغة الكينيارواندية، ترجمها فريق جمعية مسلمي روندا.

QR Code https://quran.islamcontent.com/ar/kinyarwanda_assoc

وَٱلنَّجۡمِ إِذَا هَوَىٰ

Ndahiye inyenyeri igihe irenga!

Ndahiye inyenyeri igihe irenga!

مَا ضَلَّ صَاحِبُكُمۡ وَمَا غَوَىٰ

(Ko uyu) mugenzi wanyu (Intumwa Muhamadi) atigeze ayoba ndetse ko atigeze anateshuka (ku nzira y’ukuri).

(Ko uyu) mugenzi wanyu (Intumwa Muhamadi) atigeze ayoba ndetse ko atigeze anateshuka (ku nzira y’ukuri).

وَمَا يَنطِقُ عَنِ ٱلۡهَوَىٰٓ

Nta n’ubwo avuga ashingiye ku marangamutima ye.

Nta n’ubwo avuga ashingiye ku marangamutima ye.

إِنۡ هُوَ إِلَّا وَحۡيٞ يُوحَىٰ

Ahubwo (ibyo avuga) ni ibyo ahishurirwa (na Allah).

Ahubwo (ibyo avuga) ni ibyo ahishurirwa (na Allah).

عَلَّمَهُۥ شَدِيدُ ٱلۡقُوَىٰ

Yigishijwe (iyi Qur’an) n’umunyembaraga cyane (Malayika Jibrilu),

Yigishijwe (iyi Qur’an) n’umunyembaraga cyane (Malayika Jibrilu),

ذُو مِرَّةٖ فَٱسۡتَوَىٰ

Ufite ububasha kandi utagira inenge, wagaragariye (Intumwa Muhamadi) mu ishusho ye y’ukuri,

Ufite ububasha kandi utagira inenge, wagaragariye (Intumwa Muhamadi) mu ishusho ye y’ukuri,

وَهُوَ بِٱلۡأُفُقِ ٱلۡأَعۡلَىٰ

Ubwo (Malayika Jibrilu) yari mu kirere cyo hejuru.

Ubwo (Malayika Jibrilu) yari mu kirere cyo hejuru.

ثُمَّ دَنَا فَتَدَلَّىٰ

Nuko yegera (Intumwa Muhamadi), maze aramanuka akomeza kuyegera,

Nuko yegera (Intumwa Muhamadi), maze aramanuka akomeza kuyegera,

فَكَانَ قَابَ قَوۡسَيۡنِ أَوۡ أَدۡنَىٰ

(Yamwegereye) mu ntera ingana n’iri hagati y’amahembe abiri y’umuheto cyangwa bugufi kurushaho.

(Yamwegereye) mu ntera ingana n’iri hagati y’amahembe abiri y’umuheto cyangwa bugufi kurushaho.

فَأَوۡحَىٰٓ إِلَىٰ عَبۡدِهِۦ مَآ أَوۡحَىٰ

Nuko (Allah) ahishurira umugaragu we (Muhamadi, abinyujije kuri Malayika Jibrilu) ibyo yagombaga kumuhishurira byose.

Nuko (Allah) ahishurira umugaragu we (Muhamadi, abinyujije kuri Malayika Jibrilu) ibyo yagombaga kumuhishurira byose.

مَا كَذَبَ ٱلۡفُؤَادُ مَا رَأَىٰٓ

Umutima (wa Muhamadi) ntiwigeze ubeshya ku byo wabonye.

Umutima (wa Muhamadi) ntiwigeze ubeshya ku byo wabonye.

أَفَتُمَٰرُونَهُۥ عَلَىٰ مَا يَرَىٰ

None se muramugisha impaka ku byo yabonye (ubwo yazamukaga mu ijuru rya karindwi)?

None se muramugisha impaka ku byo yabonye (ubwo yazamukaga mu ijuru rya karindwi)?

وَلَقَدۡ رَءَاهُ نَزۡلَةً أُخۡرَىٰ

Kandi rwose (Muhamadi) yaramubonye (Malayika Jibrilu) ubwo yamanukaga ku yindi nshuro,

Kandi rwose (Muhamadi) yaramubonye (Malayika Jibrilu) ubwo yamanukaga ku yindi nshuro,

عِندَ سِدۡرَةِ ٱلۡمُنتَهَىٰ

Ubwo yari kuri Sidrat-il-Muntaha (Igiti cya nyuma)[216],

[216] Sidratil-Mun’tahaa: Ni igiti kiri hafi ya Ar’shi, cyiswe igiti cya nyuma kuko nta kiremwa na kimwe kikirenga.
Ubwo yari kuri Sidrat-il-Muntaha (Igiti cya nyuma)[216],

عِندَهَا جَنَّةُ ٱلۡمَأۡوَىٰٓ

Ni na ho hari ubuturo bw’ijuru (ry’abemeramana).

Ni na ho hari ubuturo bw’ijuru (ry’abemeramana).

إِذۡ يَغۡشَى ٱلسِّدۡرَةَ مَا يَغۡشَىٰ

Ubwo icyo giti (Sidrat) cyatwikirwaga n’ibyagitwikiriye (urumuri rutangaje).

Ubwo icyo giti (Sidrat) cyatwikirwaga n’ibyagitwikiriye (urumuri rutangaje).

مَا زَاغَ ٱلۡبَصَرُ وَمَا طَغَىٰ

Indoro (y’Intumwa y’Imana) ntiyigeze itana, cyangwa ngo irengere (imbibi yari yashyiriweho).

Indoro (y’Intumwa y’Imana) ntiyigeze itana, cyangwa ngo irengere (imbibi yari yashyiriweho).

لَقَدۡ رَأَىٰ مِنۡ ءَايَٰتِ رَبِّهِ ٱلۡكُبۡرَىٰٓ

Mu by’ukuri (Intumwa Muhamadi) yabonye bimwe mu bitangaza bihambaye bya Nyagasani wayo.

Mu by’ukuri (Intumwa Muhamadi) yabonye bimwe mu bitangaza bihambaye bya Nyagasani wayo.

أَفَرَءَيۡتُمُ ٱللَّٰتَ وَٱلۡعُزَّىٰ

Ese ntimutekereza (ku bigirwamana musenga); Laata na Uza,

Ese ntimutekereza (ku bigirwamana musenga); Laata na Uza,

وَمَنَوٰةَ ٱلثَّالِثَةَ ٱلۡأُخۡرَىٰٓ

Ndetse na Manaata, ikindi (kigirwamana) cya gatatu?

Ndetse na Manaata, ikindi (kigirwamana) cya gatatu?

أَلَكُمُ ٱلذَّكَرُ وَلَهُ ٱلۡأُنثَىٰ

Ese mwibwira ko mufite abana b’abahungu naho We (Allah) akagira ab’abakobwa?

Ese mwibwira ko mufite abana b’abahungu naho We (Allah) akagira ab’abakobwa?

تِلۡكَ إِذٗا قِسۡمَةٞ ضِيزَىٰٓ

Iryo ryaba ari igabana ribogamye.

Iryo ryaba ari igabana ribogamye.

إِنۡ هِيَ إِلَّآ أَسۡمَآءٞ سَمَّيۡتُمُوهَآ أَنتُمۡ وَءَابَآؤُكُم مَّآ أَنزَلَ ٱللَّهُ بِهَا مِن سُلۡطَٰنٍۚ إِن يَتَّبِعُونَ إِلَّا ٱلظَّنَّ وَمَا تَهۡوَى ٱلۡأَنفُسُۖ وَلَقَدۡ جَآءَهُم مِّن رَّبِّهِمُ ٱلۡهُدَىٰٓ

Ibyo (bigirwamana) nta kindi biri cyo usibye kuba ari amazina masa mwabihimbiye, mwe n’abakurambere banyu, Allah atigeze abahera uburenganzira. Rwose nta kindi bakurikira kitari ugukekeranya ndetse n’ibyo imitima (yabo) irarikira. Kandi mu by’ukuri bagezweho n’umuyoboro uturutse kwa Nyagasani wabo.

Ibyo (bigirwamana) nta kindi biri cyo usibye kuba ari amazina masa mwabihimbiye, mwe n’abakurambere banyu, Allah atigeze abahera uburenganzira. Rwose nta kindi bakurikira kitari ugukekeranya ndetse n’ibyo imitima (yabo) irarikira. Kandi mu by’ukuri bagezweho n’umuyoboro uturutse kwa Nyagasani wabo.

أَمۡ لِلۡإِنسَٰنِ مَا تَمَنَّىٰ

Ese (mutekereza ko) umuntu yabona ibyo yifuza byose?

Ese (mutekereza ko) umuntu yabona ibyo yifuza byose?

فَلِلَّهِ ٱلۡأٓخِرَةُ وَٱلۡأُولَىٰ

Allah ni We Mugenga w’ubuzima bw’imperuka n’ubw’isi.

Allah ni We Mugenga w’ubuzima bw’imperuka n’ubw’isi.

۞ وَكَم مِّن مَّلَكٖ فِي ٱلسَّمَٰوَٰتِ لَا تُغۡنِي شَفَٰعَتُهُمۡ شَيۡـًٔا إِلَّا مِنۢ بَعۡدِ أَن يَأۡذَنَ ٱللَّهُ لِمَن يَشَآءُ وَيَرۡضَىٰٓ

None se ni bangahe mu bamalayika bari mu birere, ubuvugizi bwabo butazigera bugira icyo bumara Allah atabanje kubitangira uburenganzira bikagirira akamaro uwo ashatse kandi yishimira?

None se ni bangahe mu bamalayika bari mu birere, ubuvugizi bwabo butazigera bugira icyo bumara Allah atabanje kubitangira uburenganzira bikagirira akamaro uwo ashatse kandi yishimira?

إِنَّ ٱلَّذِينَ لَا يُؤۡمِنُونَ بِٱلۡأٓخِرَةِ لَيُسَمُّونَ ٱلۡمَلَٰٓئِكَةَ تَسۡمِيَةَ ٱلۡأُنثَىٰ

Mu by’ukuri abatemera imperuka bita abamalayika amazina y’igitsina gore,

Mu by’ukuri abatemera imperuka bita abamalayika amazina y’igitsina gore,

وَمَا لَهُم بِهِۦ مِنۡ عِلۡمٍۖ إِن يَتَّبِعُونَ إِلَّا ٱلظَّنَّۖ وَإِنَّ ٱلظَّنَّ لَا يُغۡنِي مِنَ ٱلۡحَقِّ شَيۡـٔٗا

Kandi ibyo nta bumenyi babifitiye. Ndetse nta kindi bakurikira kitari ugukekeranya, kandi rwose ugukeka nta cyo kuvuze imbere y’ukuri.

Kandi ibyo nta bumenyi babifitiye. Ndetse nta kindi bakurikira kitari ugukekeranya, kandi rwose ugukeka nta cyo kuvuze imbere y’ukuri.

فَأَعۡرِضۡ عَن مَّن تَوَلَّىٰ عَن ذِكۡرِنَا وَلَمۡ يُرِدۡ إِلَّا ٱلۡحَيَوٰةَ ٱلدُّنۡيَا

Bityo, irengagize wa wundi wateye umugongo urwibutso rwacu nta kindi ashaka uretse ubuzima bw’isi.

Bityo, irengagize wa wundi wateye umugongo urwibutso rwacu nta kindi ashaka uretse ubuzima bw’isi.

ذَٰلِكَ مَبۡلَغُهُم مِّنَ ٱلۡعِلۡمِۚ إِنَّ رَبَّكَ هُوَ أَعۡلَمُ بِمَن ضَلَّ عَن سَبِيلِهِۦ وَهُوَ أَعۡلَمُ بِمَنِ ٱهۡتَدَىٰ

(Ibyo bavuga) ni ho ubumenyi bwabo bugarukira. Mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We uzi neza uwayobye inzira ye, kandi ni na We uzi neza abayobotse.

(Ibyo bavuga) ni ho ubumenyi bwabo bugarukira. Mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We uzi neza uwayobye inzira ye, kandi ni na We uzi neza abayobotse.

وَلِلَّهِ مَا فِي ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَمَا فِي ٱلۡأَرۡضِ لِيَجۡزِيَ ٱلَّذِينَ أَسَٰٓـُٔواْ بِمَا عَمِلُواْ وَيَجۡزِيَ ٱلَّذِينَ أَحۡسَنُواْ بِٱلۡحُسۡنَى

Kandi ibiri mu birere n’ibiri mu isi ni ibya Allah, (yashyizeho ayo mategeko) kugira ngo ahane inkozi z’ibibi kubera ibyo zakoze, ndetse anahembe ibyiza (ijuru) abakora ibyiza,

Kandi ibiri mu birere n’ibiri mu isi ni ibya Allah, (yashyizeho ayo mategeko) kugira ngo ahane inkozi z’ibibi kubera ibyo zakoze, ndetse anahembe ibyiza (ijuru) abakora ibyiza,

ٱلَّذِينَ يَجۡتَنِبُونَ كَبَٰٓئِرَ ٱلۡإِثۡمِ وَٱلۡفَوَٰحِشَ إِلَّا ٱللَّمَمَۚ إِنَّ رَبَّكَ وَٰسِعُ ٱلۡمَغۡفِرَةِۚ هُوَ أَعۡلَمُ بِكُمۡ إِذۡ أَنشَأَكُم مِّنَ ٱلۡأَرۡضِ وَإِذۡ أَنتُمۡ أَجِنَّةٞ فِي بُطُونِ أُمَّهَٰتِكُمۡۖ فَلَا تُزَكُّوٓاْ أَنفُسَكُمۡۖ هُوَ أَعۡلَمُ بِمَنِ ٱتَّقَىٰٓ

Ba bandi birinda ibyaha bikomeye n’ibikozasoni uretse kuba bagwa mu byaha byoroshye; mu by’ukuri imbabazi za Nyagasani wawe ziragutse. Ni We ubazi neza kuva yabarema abakuye mu gitaka, n’igihe mwari insoro muri nyababyeyi za ba nyoko. Bityo, ntimukigire abere kuko ari We uzi neza umugandukira.

Ba bandi birinda ibyaha bikomeye n’ibikozasoni uretse kuba bagwa mu byaha byoroshye; mu by’ukuri imbabazi za Nyagasani wawe ziragutse. Ni We ubazi neza kuva yabarema abakuye mu gitaka, n’igihe mwari insoro muri nyababyeyi za ba nyoko. Bityo, ntimukigire abere kuko ari We uzi neza umugandukira.

أَفَرَءَيۡتَ ٱلَّذِي تَوَلَّىٰ

Ese (yewe Muhamadi) wabonye wa wundi wateye umugongo (akanga kumvira Allah)?

Ese (yewe Muhamadi) wabonye wa wundi wateye umugongo (akanga kumvira Allah)?

وَأَعۡطَىٰ قَلِيلٗا وَأَكۡدَىٰٓ

Akanatanga bike (mu byo twamuhaye), nyuma akabireka burundu?

Akanatanga bike (mu byo twamuhaye), nyuma akabireka burundu?

أَعِندَهُۥ عِلۡمُ ٱلۡغَيۡبِ فَهُوَ يَرَىٰٓ

Ese yaba afite ubumenyi bw’ibitagaragara akaba abona (ko ibyo Intumwa Muhamadi yahishuriwe atari ukuri)?

Ese yaba afite ubumenyi bw’ibitagaragara akaba abona (ko ibyo Intumwa Muhamadi yahishuriwe atari ukuri)?

أَمۡ لَمۡ يُنَبَّأۡ بِمَا فِي صُحُفِ مُوسَىٰ

Cyangwa ntiyabwiwe ibiri mu bitabo bya Musa,

Cyangwa ntiyabwiwe ibiri mu bitabo bya Musa,

وَإِبۡرَٰهِيمَ ٱلَّذِي وَفَّىٰٓ

Ndetse n’ibiri mu bya Ibrahimu wasohoje ubutumwa,

Ndetse n’ibiri mu bya Ibrahimu wasohoje ubutumwa,

أَلَّا تَزِرُ وَازِرَةٞ وِزۡرَ أُخۡرَىٰ

Ko nta we uzikorera umutwaro w’undi,

Ko nta we uzikorera umutwaro w’undi,

وَأَن لَّيۡسَ لِلۡإِنسَٰنِ إِلَّا مَا سَعَىٰ

Kandi ko nta cyo umuntu azabona (ku munsi w’imperuka) usibye ibyo yashyizemo umuhate,

Kandi ko nta cyo umuntu azabona (ku munsi w’imperuka) usibye ibyo yashyizemo umuhate,

وَأَنَّ سَعۡيَهُۥ سَوۡفَ يُرَىٰ

Kandi ko umuhate we uzagaragara (ku munsi w’imperuka).

Kandi ko umuhate we uzagaragara (ku munsi w’imperuka).

ثُمَّ يُجۡزَىٰهُ ٱلۡجَزَآءَ ٱلۡأَوۡفَىٰ

Maze akazabihemberwa ibihembo byuzuye.

Maze akazabihemberwa ibihembo byuzuye.

وَأَنَّ إِلَىٰ رَبِّكَ ٱلۡمُنتَهَىٰ

Kandi ko iherezo (rya buri kintu) ari kwa Nyagasani wawe.

Kandi ko iherezo (rya buri kintu) ari kwa Nyagasani wawe.

وَأَنَّهُۥ هُوَ أَضۡحَكَ وَأَبۡكَىٰ

Kandi ko ari We (Allah) utera guseka (kwishima) no kurira (kubabara).

Kandi ko ari We (Allah) utera guseka (kwishima) no kurira (kubabara).

وَأَنَّهُۥ هُوَ أَمَاتَ وَأَحۡيَا

No kuba ari We wisubiza ubuzima ndetse akanabutanga.

No kuba ari We wisubiza ubuzima ndetse akanabutanga.

وَأَنَّهُۥ خَلَقَ ٱلزَّوۡجَيۡنِ ٱلذَّكَرَ وَٱلۡأُنثَىٰ

No kuba ari we waremye ibitsina byombi, gabo na gore,

No kuba ari we waremye ibitsina byombi, gabo na gore,

مِن نُّطۡفَةٍ إِذَا تُمۡنَىٰ

Mu ntanga igihe zisohowe.

Mu ntanga igihe zisohowe.

وَأَنَّ عَلَيۡهِ ٱلنَّشۡأَةَ ٱلۡأُخۡرَىٰ

No kuba ari We uzarema bundi bushya (azura abapfuye),

No kuba ari We uzarema bundi bushya (azura abapfuye),

وَأَنَّهُۥ هُوَ أَغۡنَىٰ وَأَقۡنَىٰ

No kuba ari We utanga ubukungu akanatuma abantu bagira ibyo bigezaho,

No kuba ari We utanga ubukungu akanatuma abantu bagira ibyo bigezaho,

وَأَنَّهُۥ هُوَ رَبُّ ٱلشِّعۡرَىٰ

No kuba ari We Nyagasani wa Shi’ira[217],

[217]Shi’ira ni inyenyeri Abarabu b’ababangikanyamana bajyaga basenga mbere y’Ubuyisilamu.
No kuba ari We Nyagasani wa Shi’ira[217],

وَأَنَّهُۥٓ أَهۡلَكَ عَادًا ٱلۡأُولَىٰ

No kuba ari We woretse aba Adi bo hambere,

No kuba ari We woretse aba Adi bo hambere,

وَثَمُودَاْ فَمَآ أَبۡقَىٰ

N’aba Thamudu ntiyagira uwo asigaza,

N’aba Thamudu ntiyagira uwo asigaza,

وَقَوۡمَ نُوحٖ مِّن قَبۡلُۖ إِنَّهُمۡ كَانُواْ هُمۡ أَظۡلَمَ وَأَطۡغَىٰ

Na mbere yabo, (yoretse) abantu ba Nuhu. Mu by’ukuri bari inkozi z’ibibi bakaba n’abarengera (amategeko ya Allah) bikabije.

Na mbere yabo, (yoretse) abantu ba Nuhu. Mu by’ukuri bari inkozi z’ibibi bakaba n’abarengera (amategeko ya Allah) bikabije.

وَٱلۡمُؤۡتَفِكَةَ أَهۡوَىٰ

Ndetse n’imidugudu (ya Sodoma) yabirinduwe, ni We wayibirinduye (ibyari hasi bijya hejuru n’ibyari hejuru bijya hasi).

Ndetse n’imidugudu (ya Sodoma) yabirinduwe, ni We wayibirinduye (ibyari hasi bijya hejuru n’ibyari hejuru bijya hasi).

فَغَشَّىٰهَا مَا غَشَّىٰ

Nuko (iyo midugudu) itwikirwa n’ibyayitwikiriye (ibihano bigizwe n’amabuye).

Nuko (iyo midugudu) itwikirwa n’ibyayitwikiriye (ibihano bigizwe n’amabuye).

فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكَ تَتَمَارَىٰ

None se (yewe muntu) ni izihe nema za Nyagasani wawe ushidikanyaho (ko atari ize)?

None se (yewe muntu) ni izihe nema za Nyagasani wawe ushidikanyaho (ko atari ize)?

هَٰذَا نَذِيرٞ مِّنَ ٱلنُّذُرِ ٱلۡأُولَىٰٓ

Uyu (Muhamadi) ni umwe mu (ruhererekane rw’) ababurizi bo hambere.

Uyu (Muhamadi) ni umwe mu (ruhererekane rw’) ababurizi bo hambere.

أَزِفَتِ ٱلۡأٓزِفَةُ

Umunsi w’imperuka uregereje.

Umunsi w’imperuka uregereje.

لَيۡسَ لَهَا مِن دُونِ ٱللَّهِ كَاشِفَةٌ

Nta kindi cyawukumira usibye Allah (ushobora kuwihutisha cyangwa akawutinza).

Nta kindi cyawukumira usibye Allah (ushobora kuwihutisha cyangwa akawutinza).

أَفَمِنۡ هَٰذَا ٱلۡحَدِيثِ تَعۡجَبُونَ

None se mutangajwe n’aya magambo (ya Qur’an)?

None se mutangajwe n’aya magambo (ya Qur’an)?

وَتَضۡحَكُونَ وَلَا تَبۡكُونَ

Mukaba museka (muyihakana) aho kurira!

Mukaba museka (muyihakana) aho kurira!

وَأَنتُمۡ سَٰمِدُونَ

Muhugiye mu bibarangaza!

Muhugiye mu bibarangaza!

فَٱسۡجُدُواْۤ لِلَّهِۤ وَٱعۡبُدُواْ۩

Bityo, nimwubamire Allah munamugaragire (wenyine).

Bityo, nimwubamire Allah munamugaragire (wenyine).
Footer Include