Header Include

Terjemahan Berbahasa Kinyarwanda

Terjemahan makna Al-Qur`ān Al-Karīm ke bahasa Kinyarwanda oleh Tim Asosiasi Muslim Ruwanda

QR Code https://quran.islamcontent.com/id/kinyarwanda_assoc

هَلۡ أَتَىٰكَ حَدِيثُ ٱلۡغَٰشِيَةِ

Ese inkuru y’ikizatwikira (abantu ku munsi w’imperuka) yakugezeho?

Ese inkuru y’ikizatwikira (abantu ku munsi w’imperuka) yakugezeho?

وُجُوهٞ يَوۡمَئِذٍ خَٰشِعَةٌ

Kuri uwo munsi, uburanga bwa bamwe buzaba busuzuguritse,

Kuri uwo munsi, uburanga bwa bamwe buzaba busuzuguritse,

عَامِلَةٞ نَّاصِبَةٞ

(Igihe bari ku isi) babaga bakora bashishikaye (basenga ibindi bitari Allah), (ariko ku mperuka) bazaba bananiwe (kandi bafite ikimwaro).

(Igihe bari ku isi) babaga bakora bashishikaye (basenga ibindi bitari Allah), (ariko ku mperuka) bazaba bananiwe (kandi bafite ikimwaro).

تَصۡلَىٰ نَارًا حَامِيَةٗ

Bazajya mu muriro utwika (bawuhiremo);

Bazajya mu muriro utwika (bawuhiremo);

تُسۡقَىٰ مِنۡ عَيۡنٍ ءَانِيَةٖ

Kandi bazanyweshwa ku isoko (y’amazi) yatuye,

Kandi bazanyweshwa ku isoko (y’amazi) yatuye,

لَّيۡسَ لَهُمۡ طَعَامٌ إِلَّا مِن ضَرِيعٖ

Nta byo kurya bazaba bafite uretse ibyatsi birura kandi bifite amahwa,

Nta byo kurya bazaba bafite uretse ibyatsi birura kandi bifite amahwa,

لَّا يُسۡمِنُ وَلَا يُغۡنِي مِن جُوعٖ

(Ibyo byo kurya) ntibizigera bibabyibushya cyangwa ngo bibamare inzara.

(Ibyo byo kurya) ntibizigera bibabyibushya cyangwa ngo bibamare inzara.

وُجُوهٞ يَوۡمَئِذٖ نَّاعِمَةٞ

Kuri uwo munsi kandi (ubundi) buranga buzaba bukeye;

Kuri uwo munsi kandi (ubundi) buranga buzaba bukeye;

لِّسَعۡيِهَا رَاضِيَةٞ

Bwishimiye ibikorwa byabwo,

Bwishimiye ibikorwa byabwo,

فِي جَنَّةٍ عَالِيَةٖ

(Ba nyirabwo bazaba bari) mu Ijuru ry’ikirenga,

(Ba nyirabwo bazaba bari) mu Ijuru ry’ikirenga,

لَّا تَسۡمَعُ فِيهَا لَٰغِيَةٗ

Aho batazumva amanjwe,

Aho batazumva amanjwe,

فِيهَا عَيۡنٞ جَارِيَةٞ

Hazaba harimo isoko itemba,

Hazaba harimo isoko itemba,

فِيهَا سُرُرٞ مَّرۡفُوعَةٞ

Hazaba harimo ibitanda byigiye hejuru,

Hazaba harimo ibitanda byigiye hejuru,

وَأَكۡوَابٞ مَّوۡضُوعَةٞ

N’ibikombe biteguwe (neza),

N’ibikombe biteguwe (neza),

وَنَمَارِقُ مَصۡفُوفَةٞ

N’imisego itondetse ku mirongo (neza),

N’imisego itondetse ku mirongo (neza),

وَزَرَابِيُّ مَبۡثُوثَةٌ

N’amatapi arambuye (biryoheye ijisho).

N’amatapi arambuye (biryoheye ijisho).

أَفَلَا يَنظُرُونَ إِلَى ٱلۡإِبِلِ كَيۡفَ خُلِقَتۡ

Ese ntibitegereza uko ingamiya zaremwe?

Ese ntibitegereza uko ingamiya zaremwe?

وَإِلَى ٱلسَّمَآءِ كَيۡفَ رُفِعَتۡ

N’uburyo ikirere cyahanitswe?

N’uburyo ikirere cyahanitswe?

وَإِلَى ٱلۡجِبَالِ كَيۡفَ نُصِبَتۡ

N’uburyo imisozi yashimangiwe (mu butaka)?

N’uburyo imisozi yashimangiwe (mu butaka)?

وَإِلَى ٱلۡأَرۡضِ كَيۡفَ سُطِحَتۡ

N’uburyo isi yarambuwe?

N’uburyo isi yarambuwe?

فَذَكِّرۡ إِنَّمَآ أَنتَ مُذَكِّرٞ

Bityo, (yewe Muhamadi) bibutse kuko mu by’ukuri wowe uri uwibutsa,

Bityo, (yewe Muhamadi) bibutse kuko mu by’ukuri wowe uri uwibutsa,

لَّسۡتَ عَلَيۡهِم بِمُصَيۡطِرٍ

Ntukabashyireho igitugu.

Ntukabashyireho igitugu.

إِلَّا مَن تَوَلَّىٰ وَكَفَرَ

Ariko utera umugongo (urwibutso) akanahakana,

Ariko utera umugongo (urwibutso) akanahakana,

فَيُعَذِّبُهُ ٱللَّهُ ٱلۡعَذَابَ ٱلۡأَكۡبَرَ

Allah azamuhanisha ibihano bihambaye.

Allah azamuhanisha ibihano bihambaye.

إِنَّ إِلَيۡنَآ إِيَابَهُمۡ

Mu by’ukuri iwacu ni ho garukiro ryabo,

Mu by’ukuri iwacu ni ho garukiro ryabo,

ثُمَّ إِنَّ عَلَيۡنَا حِسَابَهُم

Hanyuma mu by’ukuri ni twe tuzabakorera ibarura

Hanyuma mu by’ukuri ni twe tuzabakorera ibarura
Footer Include