Header Include

卢旺达文翻译

古兰经卢旺达文译解,卢旺达穆斯林协会团队翻译

QR Code https://quran.islamcontent.com/zh/kinyarwanda_assoc

عَبَسَ وَتَوَلَّىٰٓ

(Intumwa Muhamadi) yazinze umunya inatera umugongo.

(Intumwa Muhamadi) yazinze umunya inatera umugongo.

أَن جَآءَهُ ٱلۡأَعۡمَىٰ

Ubwo umuntu utabona (Abdullah bin Umm-Maktum) yari aje ayisanga (igihe yigishaga bamwe mu bikomerezwa by’Abakurayishi).

Ubwo umuntu utabona (Abdullah bin Umm-Maktum) yari aje ayisanga (igihe yigishaga bamwe mu bikomerezwa by’Abakurayishi).

وَمَا يُدۡرِيكَ لَعَلَّهُۥ يَزَّكَّىٰٓ

Ese wabibwirwa n’iki? Wenda arashaka kwiyeza?

Ese wabibwirwa n’iki? Wenda arashaka kwiyeza?

أَوۡ يَذَّكَّرُ فَتَنفَعَهُ ٱلذِّكۡرَىٰٓ

Cyangwa akakira urwibutso, hanyuma urwibutso rukamugirira akamaro?

Cyangwa akakira urwibutso, hanyuma urwibutso rukamugirira akamaro?

أَمَّا مَنِ ٱسۡتَغۡنَىٰ

Naho wa wundi wirata yumva ko adakeneye (kuyoboka),

Naho wa wundi wirata yumva ko adakeneye (kuyoboka),

فَأَنتَ لَهُۥ تَصَدَّىٰ

Ni we witaho,

Ni we witaho,

وَمَا عَلَيۡكَ أَلَّا يَزَّكَّىٰ

Kandi nta cyo wabazwa aramutse atiyejeje (ngo ave mu buhakanyi, kuko wowe icyo ushinzwe ari ugusohoza ubutumwa bwa Allah gusa).

Kandi nta cyo wabazwa aramutse atiyejeje (ngo ave mu buhakanyi, kuko wowe icyo ushinzwe ari ugusohoza ubutumwa bwa Allah gusa).

وَأَمَّا مَن جَآءَكَ يَسۡعَىٰ

Ariko wa wundi uje akugana yihuta,

Ariko wa wundi uje akugana yihuta,

وَهُوَ يَخۡشَىٰ

Kandi akaba atinya (Allah n’ibihano bye),

Kandi akaba atinya (Allah n’ibihano bye),

فَأَنتَ عَنۡهُ تَلَهَّىٰ

Uramwirengagiza (ukita ku bandi),

Uramwirengagiza (ukita ku bandi),

كَلَّآ إِنَّهَا تَذۡكِرَةٞ

Oya ntibikwiye! Mu by’ukuri (iyi Qur’an) ni urwibutso.

Oya ntibikwiye! Mu by’ukuri (iyi Qur’an) ni urwibutso.

فَمَن شَآءَ ذَكَرَهُۥ

Bityo, ubishaka nayizirikane.

Bityo, ubishaka nayizirikane.

فِي صُحُفٖ مُّكَرَّمَةٖ

(Iri) mu nyandiko zirinzwe mu cyubahiro (Lawuhul Mahfudh),

(Iri) mu nyandiko zirinzwe mu cyubahiro (Lawuhul Mahfudh),

مَّرۡفُوعَةٖ مُّطَهَّرَةِۭ

Zubahitse kandi zejejwe,

Zubahitse kandi zejejwe,

بِأَيۡدِي سَفَرَةٖ

Ziri mu maboko y’abanditsi (abamalayika bajyana ubutumwa ku bantu),

Ziri mu maboko y’abanditsi (abamalayika bajyana ubutumwa ku bantu),

كِرَامِۭ بَرَرَةٖ

B’abanyacyubahiro kandi b’inyangamugayo.

B’abanyacyubahiro kandi b’inyangamugayo.

قُتِلَ ٱلۡإِنسَٰنُ مَآ أَكۡفَرَهُۥ

Umuntu (w’umuhakanyi) navumwe! Mbega ukuntu ari umuhakanyi (w’indashima)!

Umuntu (w’umuhakanyi) navumwe! Mbega ukuntu ari umuhakanyi (w’indashima)!

مِنۡ أَيِّ شَيۡءٍ خَلَقَهُۥ

Ese (Allah) yamuremye mu ki?

Ese (Allah) yamuremye mu ki?

مِن نُّطۡفَةٍ خَلَقَهُۥ فَقَدَّرَهُۥ

Yamuremye mu ntanga, arangije amugenera uko azabaho,

Yamuremye mu ntanga, arangije amugenera uko azabaho,

ثُمَّ ٱلسَّبِيلَ يَسَّرَهُۥ

Nuko amworohereza inzira (y’imibereho ye).

Nuko amworohereza inzira (y’imibereho ye).

ثُمَّ أَمَاتَهُۥ فَأَقۡبَرَهُۥ

Nyuma amugenera urupfu no gushyingurwa,

Nyuma amugenera urupfu no gushyingurwa,

ثُمَّ إِذَا شَآءَ أَنشَرَهُۥ

Kandi igihe azabishakira azamuzura.

Kandi igihe azabishakira azamuzura.

كَلَّا لَمَّا يَقۡضِ مَآ أَمَرَهُۥ

Oya! Nyamara (umuntu) ntarakora ibyo yamutegetse.

Oya! Nyamara (umuntu) ntarakora ibyo yamutegetse.

فَلۡيَنظُرِ ٱلۡإِنسَٰنُ إِلَىٰ طَعَامِهِۦٓ

Ngaho umuntu niyitegereze amafunguro ye;

Ngaho umuntu niyitegereze amafunguro ye;

أَنَّا صَبَبۡنَا ٱلۡمَآءَ صَبّٗا

Uko tumanura amazi (mu kirere) yisuka ari menshi,

Uko tumanura amazi (mu kirere) yisuka ari menshi,

ثُمَّ شَقَقۡنَا ٱلۡأَرۡضَ شَقّٗا

Nuko tugasatura ubutaka uko bikwiye (kugira ngo amazi abashe kubwinjiramo n’imbuto zimere),

Nuko tugasatura ubutaka uko bikwiye (kugira ngo amazi abashe kubwinjiramo n’imbuto zimere),

فَأَنۢبَتۡنَا فِيهَا حَبّٗا

Maze tukabumezamo impeke,

Maze tukabumezamo impeke,

وَعِنَبٗا وَقَضۡبٗا

N’imizabibu n’imboga,

N’imizabibu n’imboga,

وَزَيۡتُونٗا وَنَخۡلٗا

N’imizeti n’imitende,

N’imizeti n’imitende,

وَحَدَآئِقَ غُلۡبٗا

N’imirima igizwe n’ibiti by’inzitane,

N’imirima igizwe n’ibiti by’inzitane,

وَفَٰكِهَةٗ وَأَبّٗا

N’imbuto n’ubwatsi,

N’imbuto n’ubwatsi,

مَّتَٰعٗا لَّكُمۡ وَلِأَنۡعَٰمِكُمۡ

Kugira ngo bibagirire akamaro, mwe n’amatungo yanyu.

Kugira ngo bibagirire akamaro, mwe n’amatungo yanyu.

فَإِذَا جَآءَتِ ٱلصَّآخَّةُ

Ariko ubwo urusaku ruziba amatwi (impanda y’imperuka) ruzaza,

Ariko ubwo urusaku ruziba amatwi (impanda y’imperuka) ruzaza,

يَوۡمَ يَفِرُّ ٱلۡمَرۡءُ مِنۡ أَخِيهِ

Uwo munsi umuntu azahunga umuvandimwe we,

Uwo munsi umuntu azahunga umuvandimwe we,

وَأُمِّهِۦ وَأَبِيهِ

(Ahunge) nyina na se,

(Ahunge) nyina na se,

وَصَٰحِبَتِهِۦ وَبَنِيهِ

N’umugore we n’abana be,

N’umugore we n’abana be,

لِكُلِّ ٱمۡرِيٕٖ مِّنۡهُمۡ يَوۡمَئِذٖ شَأۡنٞ يُغۡنِيهِ

Kuri uwo munsi, buri muntu azaba afite ibimuhangayikishije (bituma atita ku bandi).

Kuri uwo munsi, buri muntu azaba afite ibimuhangayikishije (bituma atita ku bandi).

وُجُوهٞ يَوۡمَئِذٖ مُّسۡفِرَةٞ

Kuri uwo munsi, uburanga (bw’abemeramana) buzaba bwererana,

Kuri uwo munsi, uburanga (bw’abemeramana) buzaba bwererana,

ضَاحِكَةٞ مُّسۡتَبۡشِرَةٞ

Bamwenyura, bishimiye inkuru nziza bahawe (y’Ijuru).

Bamwenyura, bishimiye inkuru nziza bahawe (y’Ijuru).

وَوُجُوهٞ يَوۡمَئِذٍ عَلَيۡهَا غَبَرَةٞ

Naho uburanga (bw’abahakanyi) kuri uwo munsi buzaba bwuzuye umukungugu,

Naho uburanga (bw’abahakanyi) kuri uwo munsi buzaba bwuzuye umukungugu,

تَرۡهَقُهَا قَتَرَةٌ

Bwarenzwe n’umwijima.

Bwarenzwe n’umwijima.

أُوْلَٰٓئِكَ هُمُ ٱلۡكَفَرَةُ ٱلۡفَجَرَةُ

Abo ni bo bahakanyi b’inkozi z’ibibi.

Abo ni bo bahakanyi b’inkozi z’ibibi.
Footer Include